07
Jul
Kutagira isuku y’imyanya ndangagitsina bishobora gutera impumuro mbi mu gitsina, indwara z’uruhu, harimo n’indwara zandurira mu myanya ndangagitsina na kanseri. Ni byiza kwita ku isuku haba mu gukaraba cyangwa imyenda wambara y’imbere. Ku mwangavu, imyanya ndangagitsina igomba kozwa buri munsi hakoreshejwe amazi meza kandi ahagije; ni byiza gusukura imyanya...
02
Jun
Abangavu cyangwa abagore bashobora kugira uburwayi buterwa n’udukoko, buzwi nka infection mu ndimi z’amahanga, dufata imyanya ndangagitsina yabo biturutse mu gukoresha udutambaro dusa nabi mu gihe cy’imihango, kwambara udukoresho bibinda igihe kinini, kudahindura udutambaro twabugewe mu gufata amaraso buri masaha ane, kudutizanya, n’ibindi. Igihe ugize isuku nkeya mu gihe...
26
May
Iyo umwangavu cyangwa umugore ari mu mihango, rimwe na rimwe bahura n’ibimenyetso bibabangamira harimo nko kuribwa mu nda, umutwe, kugira iseseme, umunaniro, guhitwa n’ibindi. Tugiye kurebera hamwe ibyo kurya wakwifashisha n’ibyo wakwirinda byagufasha kwirinda bimwe muri ibyo bimenyetso. Ibiryo warya bikagufasha uri mu mihango harimo: imbuto, imboga z’icyatsi, ibishyimbo,...
14
May
Kugira imihango ibabaza ni kimwe mu bibangamira umugore cyangwa umukobwa igihe ayigiyemo; bamwe bagira ububabare mbere gato y’uko bajya mu mihango, abandi bakagira ububabare bari mu mihango nyir’izina. Hari abagira ububabare bworoheje ndetse n’abagira ububabare bukabije ku buryo bakenera kuba bafata imiti. Ubu bubabare buba mu nda hasi ndetse...
28
Apr
Uko umwana agenda akura kuva avutse hari ibintu bimwe na bimwe agenda abasha gukora bitewe n’ikigero cy’imyaka agezemo; aha twavuga nko kumenya kuvuga, guseka, kugenda n’ibindi. Tugiye kurebera hamwe ibyo umwana abashobora gukora bitewe n’ikigero cy’imyaka agezemo. Ku mezi abiri umwana aba ashobora guhagarika umutwe we neza nta kiwufashe,...
16
Apr
Ubusanzwe konsa ni bumwe mu buryo umugore aha ubuzima umwana kuko mu mashereka habamo intungamubiri umwana aba akeneye kugirango akure neza afite ubuzima bwiza. Usibye umumaro konsa bigirira umwana, umubyeyi wonsa na we bimugirira umumaro ku buzima bwe. Umubyeyi wonsa bimufasha kongera urukundo n’ubusabane agirana n’umwana we bitewe n’imisemburo...
10
Apr
Ibimenyetso mpuruza ni ibimenyetso bishobora kugaragara ku mugore utwite; bisaba ko yakwihutira kujya kwa muganga igihe bimugaragayeho kuko bishobora kugira ingaruka ku buzima bwe bwite ndetse no ku buzima bw’umwana atwite. Bimwe muri ibyo bimenyetso harimo kuva amaraso mu myanya ndangagitsina ku mugore utwite, kubabara mu nda bikabije, kugira...
02
Apr
Ubushakashatsi bwagaragaje ko 52% y’abatuye isi ari abagore; 26% muri bo bari mu cyiciro cy’uburumbuke, ni ukuvuga ko buri kwezi bajya mu mihango hagati y’iminsi 2 na 7. N’ubwo bimeze gutya, henshi mu mpande z’isi, kujya mu mihango bifatwa nk’icyasha ku gitsina gore aho usanga hamwe mu bihugu umugore...
31
Mar
Ubwangavu n’ubugimbi ni ikigero abakobwa n’abahungu bageramo maze imibiri yabo igahinduka; harimo kwiyongera ibiro, uburebure n’ibindi. Umukobwa ugeze mu bwangavu ashobora gusama, naho umuhungu ugeze mu bugimbi ashobora gutera inda. Ibi bibaho bitewe n’uko umubiri ukora imisemburo mishya akaba ari yo itera impinduka mu mubiri, uwari umwana agahinduka umuntu...
20
Sep
Ubwisungane mu kwivuza ni umwe muri gahunda za Leta itangwa hagendewe ku byiciro by’ubudehe mu rwego rwo kurinda abaturage kurembera mu rugo; abagore na bo basabwa kugaragaza uruhare rwabo muri iyi gahunda igamije iterambere ry’igihugu mu kubungabunga ubuzima bwiza. Abagore bo mu Karere ka Muhanga baganira n’Itangazamakuru bavuze ko...