Nyarugenge: Haracyagaragara ihohoterwa rikorerwa mu ngo

Ihohoterwa rikorerwa mu ngo, ni ibikorwa bibabaza umwe mu babana mu rugo, hagati y’umugabo n’umugore. Iryo hohoterwa rikorwa mu buryo bunyuranye, burimo ibijyanye n’imibanire rusange, kubabaza umubiri, kubabaza umutima, ihohoterwa rishingiye ku mutungo, ihohoterwa rikoresheje ururimi n’ihohoterwa rikorewe igitsina.
Iryo hohoterwa ryose rikunze kugaragara hagati y’abashakanye, baba ababana mu buryo bwemewe n’amategeko, n’abandi babana batarasezeranye.

Baganira n’Itangazamakuru bamwe mu bagore batuye mu murenge wa Kigali, mu Karere ka Nyarugenge bavuga ko ihohoterwa ryo mu ngo, rihari kandi ko usanga riri ku kigero cyo hejuru bitewe n’uko abenshi baba badashaka kurigaragaza!

Ingabire Claudine avuga ko we nta terambere yageraho kandi atakoze kuko nta burenganzira abifitiye ati “nko ku giti cyanjye ndi umugore uhora yicaye aha mu bana, nta kazi mfite, nta burenganzira mfite bwo kuba nashaka akazi nk’abandi, nta terambere nageraho, narigeraho gute kandi ntakoze; mbese nimba banjugunyiye icyo gihumbi ni kirye gutyo nyine, iryo se si ihohoterwa, nk’ubu nataye icyangombwa nta rangamuntu mfite sinshobora kuba najya kuyishaka kuko nta ruhushya, nta n’ubushobobozi, nimba yampaye icyo gihumbi ni icyo guhahira umuryango w’abantu batandatu, ntiwagihahishamo ngo usagure n’igiceri cy’ijana ngo ube wagira ikindi ukora.”

Akomeza agira ati “ kwitwa ngo ntiwasezeranye ho ni irindi hohoterwa, ugira icyo uvuga ati ubundi wasezeranye na nde? Uzasige abana banjye utumuke ugende, nubwo tuba tuvuga ngo nta kazi dufite natwe tuba twakoze ako mu rugo ntikoroshye ariko ibyo ntabireba, simuraza se? Indaya yo ntibayihonga, sinamubyariye se, ndavunika ariko nta kamaro binamfiitiye, uretse gupfira umwana wanjye!”

Mu gahinda kenshi Ingabire yatweretse inguma agiye afite ku mubiri azikuye ku guhohoterwa, gusa ashimira Perezida wa Republika cyane ati: “mu mubiri wanjye mfite inguma nyinshi, ariko aho tugereye muri uyu mudugudu wa Karama nariyongereye, mbese ndasa neza, harakabaho perezida wa repubulika, kuko nyuma yo gutuzwa muri uyu mudugudu hari umusonga wanjye ugenda womoka, sinabona uko mushimira kuko ngaragaje amarangamutima yanjye kuri we sinabona icyo namushimira.”

Akomeza avuga ko ashoboye ariko nta bushobozi, ubu ngo abonye inkunga imufasha kwifasha yagerageza kuko noneho ubu umugabo atazamukangisha ngo mvira iwanjye kuko inzu itaraba iye.

Mukamana na we avuga ko ihohoterwa rikorerwa mu ngo rihari kandi azi n’abarikorerwa, rimwe na rimwe banakoreshwa mu buriri ibyo badashaka ati “ impande zombi usanga zihohoterana, umugore akaba yahohotera umugabo, cyangwa se umugabo agahohotera umugore, nubwo akenshi rikorerwa abagore, icyo nsaba ubuyobozi ni uko bwakomeza gukangurira uwahohotewe kudaceceka, akamenyesha inzego, no mu kagoroba k’ababyeyi bakagaragazamo ikibazo bakaba bacoca ayo makimbirane ataragera kure.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge Kayisime NZARAMBA avuga ko ihohoterwa rikorerwa mu ngo rihari, basaba aho byabaye ko bajya batanga amakuru ku gihe; ati “ akenshi nk’abagabo usanga banywa inzoga akenshi zihenze cyangwa se bamwe na bamwe usanga bafata ibiyobyabwenge atamenya uko agomba kuba yafata umugore, ibyo rero tuba dushaka kugirango aho byabaye, uwakoze ibikorwa nk’ibyo bigayitse abashe gushyikirizwa inzego, ntihabeho guhishira.”

Akomeza avuga ko irindi hohoterwa rijya rikorwa ari irikorerwa abana b’abakobwa aho bavutswa uburenganzira bwabo; ati “umugore ashobora kuba wenda, ariko ntabwo bihari cyane ariko na hacye biri ni twe tugomba kuvuga tuti aho uwo mugore yajya, wenda agiye guhinga agatwara umwana w’umukobwa kugirango ajye kumureresha undi mwana, ni bya bindi byo gusumbisha abana, tubona iyo hajemo ibyo gucikiriza ishuri, usanga umubare munini ari uw’abana b’abakobwa, twakurikirana biciye mu Nama y’igihugu y’Abagore (CNF) usanga cyane cyane mu mirenge y’icyaro ni ba bana baherekeza ba nyina gukora, dufatanyije na CNF rero tuganiriza uwo muryango tubabwira ko abana bose bangana kandi bafite amahirwe amwe kandi angana.”

Yongeraho ko binyuze mu mugoroba w’ababyeyi aho bigisha urugo kugirango rwirinde amakimbirane, uyu mugoroba urabafasha cyane mu kwigisha abantu kubana mu mahoro, kwirinda intonganya ndetse no guha abana uburere bukwiye.

Ihohoterwa rifite uburyo bwinshi rikorwamo hari ihohoterwa ribabaza umubiri, Ihohoterwa rishingiye ku mutungo, Ihohoterwa rishingiye ku mibanire mu muryango; Ihohoterwa rishingiye ku kwemera, ubwoko n’akarere k’inkomoko ndetse n’ihohoterwa ribabaza umutima; iri ni ihohoterwa rikorwa hari n’abandi bantu batandukanye baba inshuti cyangwa umuryango.

Abashakanye bakwiye kwiga kuganira, ndetse bagaharanira ko imibanire yabo yashingira ku rukundo rwubakiye ku musingi w’ukuri.

Saidath Murorunkwere

Kosmos Magazine

Ubuzima ntibwamwemereye kuba icyo yifuzaga kuba cyo! “Maria Yohana”

Umuhanzi kazi Mukankuranga Marie Jeanne uzwi ku izina rya Maria Yohana avuga ko akiri muto yumvaga azaba umubikira, arangije umwaka wa gatanu w’amashuri abanza yagiye muyisumbuye i Save aho yize umwaka umwe , ubuzima bwaho bukamunanira ntabe akibashije kugera ku nzozi ze nkuko yabyifuzaga, gusa ngo ntibyamubabaje cyane n’ubwo ari ikintu yabuze yakundaga.
Maria Yohana ni umubyeyi w’imyaka 71, aganira na Cosmos Magasine k’ubuto bwe yatangaje ko akiri muto yakundaga cyane kwiga no gutera agapira bya gikobwa, asobanura ibijyanye n’uyu mupira avuga ko mu gihe cye abakobwa bari bafite uburyo bakinaga umupira bawuhererekanya ku buryo iyo wituraga hasi aba atsinzwe akavamo akajya mubatsinzwe kugeza igihe bashiriye, akaba aribwo haboneka abatsinze!

Mariya Yohana ati: “Mu byo nakundaga kandi harimo no kuririmba , ku buryo nabaga no mu tugurupe tw’abaririmbyi cyane ko nigaga mu kigo cy’abababikira banadufashaga ari nako badutoza uturimo tw’abakobwa turimo kudoda udutambaro no kuboha imipira”

Mu ishuri nawe yagiraga inshuti

Maria Yohana avuga ko yarafite group y’abakobwa yafataga nk’inshuti zikomeye kuko yazigiyeho byinshi : “izo nshuti zanjye nazigiyeho uburyo umuntu abana n’abandi, ndetse no guhanana ku buryo umuntu akoze ikosa utatinya kumuhana” , akomeza avuga ko ntacyo bahishanyaga kugeza ubwo n’utwandiko babaga babandikiye batwerekanaga bakatujyaho inama.

Ibyamushimishije mu buto bwe!

Maria Yohana avuga ko mu buto bwe Papa we yajyaga abigisha kuririmba bikamushimisha cyane ati : “Papa yaradufashaga yatwigishaga utuntu twinshi cyane ku buryo nashimishijwe n’icyuma yari yaratuguriye cyitwaga Giramafone cyajyagaho za flash disk noneho indirimbo zariho icyo gihe nka za rumba, tukaziceza ku buryo nanakundaga guceza.” Akomeza avuga ko mu bindi byamushimishije bikimushimisha na nubu ni ukubona abana bakina bishimye.

Isomo yakuye ku babyeyi be!

Mariya Yohana avuga ko hari byinshi akesha ababyeyi be dore ko ngo banamufashije guhora yishimye kuko bamubaga hafi bo n’abavandimwe be, yagize ati “isomo ryambere nabakuyeho ni Ugukunda gusenga cyane kuko Mama biri mu bintu yadutozaga cyane harimo no kutwigisha uturirimbo, ikindi kwihesha agaciro(kwiyubaha) kuko Papa yakundaga kudutoza cyane kudata agaciro ndetse no gukundana.”

Uyu mubyeyi yagize ubutumwa aha abakiri bato!

Yagize ati : “icya mbere mbanza kubabwira ko mbakunda, nkunda umwana muto, nkamusaba kugira isuku, gukundana, ishyaka, ibyo byose akamenya ko atiremye agomba gusenga kuko umwana ukunda gusenga aranshimisha” Yongeraho ko umwana agomba kugira ikintu muri we akwiye kurwaniraho ishyaka akagikora aziko ari kiza kimufitiye akamaro gishimisha ababyeyi niba abafite, niba gishimisha bagenzi be, niba kimuhesha ishema mu bandi, ati “ndabasaba kuba intangarugero mu byiza bahesha ishema ababyeyi n’igihugu by’umwihariko!”

Turashimira uyu mubyeyi wafashe umwanya we akadusangiza ubuto bwe Imana imuhe kuramba tuzakomeze kumukuraho byiza binyuze bose!

Shop
0 Wishlist
0 Cart