Kamonyi: Abagore mu guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda

Gahunda ya Leta yo kwihangira imirimo hitabwa cyane ku bikorerwa iwacu, iragenda ifata intera hirya no hino mu gihugu, mu karere ka Kamonyi na ho ntibasigaye inyuma by’umwihariko abagore kuko usanga bayigaragaramo haba mu byambarwa, mu bikoresho by’ubwubatsi, mu mitako n’ibindi.

Niyonizeye Donatila wo mu Murenge wa Musambira akora umurimo w’ubudozi yibanda cyane ku bikorerwa iwacu, (Made in Rwanda), aganira n’Itangazamakuru yavuze ko abagabo bamwe na bamwe baca intege abo babana ati “iyo ufite umutware mubana agushyigikiye igihe cyose urakora bikemera ariko iyo atagushyigikiye byo ntibishobora kwemera, wenda hari nk’abantu bitinya ukabona hari udashaka gukora, biriya ni ugusubiza inyuma urugo rwe, burya inshuro nyinshi abagore ni twe tuzamura ingo zacu kandi ni twe tumenya ibikenewe kurusha abagabo, umugabo n’iyo yaba ahembwa menshi akaguha amafaranga, ariko burya aguha amafaranga gusa ntaba azi icyo uri bugure, twe ni twe tugomba kumenya ibikenewe kuko umugore ni we umenya ibiteza imbere urugo.”

Akomeza avuga ko kudashaka icyo ukora ku mugore uba usubiza inyuma urugo rwawe kandi ni wowe uba wihemukiye, ati “natangiye nta n’imashini mfite nkodesha mu gihe cy’amezi atandatu ngura iyo nakodeshaka ibimbi 50. Ndakomeza ndakora abakiriya bagenda baboneka mva ku rubaraza, nkodesha inzu ntangira gukora njyenyine.” yongeraho ko ubu amaze kwigurira imashini zigera kuri 5, yishyurira mutuelle umuryango we ndetse akanatanga akazi.

Asoza ajyira inama abagore bagenzi be bacyitinya ko nibatinyuka kwinjira mu kintu bakakijyamo kandi bakagikunda Imana izabasangamo kandi ibaheremo umugisha, ndetse n’abana babo bibafashe gukura bakunda umurimo.

Abagore bamaze kwibumbira mu ma Koperative na bo bavuga ko ibikorerwa mu Rwanda bimaze kubateza imbere kandi ko bashimira cyane Leta y’u Rwanda yabashishikarije gukura amaboko mu mifuka, bakamenya guteganyiriza ejo hazaza habo ndetse n’ah’umuryango by’umwihariko.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Kayitesi Alice avuga ko mu Karere ayoboye ibikorerwa mu Rwanda byagiye bikorwa by’umwihariko bihereye ku ma koperative y’abagore ndetse n’urubyiruko.

Ati: “ubu dufite amakoperative y’abadamu akora ibijyanye n’ububumbyi, cyangwa se gukora imitako n’ibindi bikoresho bikorwa mu ibumba, ayo makoperative turayafite mu Murenge wa Rukoma ndetse no mu Murenge wa Runda muri Kagina, dufite kandi n’abadamu batandukanye bagiye bibumbiye mu matsinda n’amashyirahamwe atari mu makoperative akomeye, bagenda bakora ibituruka ku myambaro, ibituruka ku mpu, harimo inkweto imikandara, n’ibikapu, ndetse dufite n’umwihariko w’amabuye, dufite ibuye ryitwa urugarika, harimo abajene cyagwa se urubyiruko batangiye kuyabyaza umusaruro, bakoramo amakaro, umucanga , amavaze, ibibindi, ndetse no kugera ku rwego rw’amasahani n’ibikombe.”

Yongeraho ko nk’uko gahunda ya Leta ari ugukomeza kongera imbaraga mu guteza imbere ibikorerwa iwacu na bo bakomeza kuba hafi aya makoperative no gushishikariza abayarimo gukora byinshi kurushaho!

Mu mwaka wa 2015 ni bwo Leta y’u Rwanda yatangije ubukangurambaga bugamije guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda na Politiki zihamye z’ubuziranenge bwabyo kugirango bigire agaciro ku masoko yo mu Rwanda n’ayo hanze. Ibi byafashije igihugu kugabanya icyuho kiri hagati y’ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga n’ibyoherezwayo.

Saidath Murorunkwere

Kosmos Magazine

Shop
Sidebar
0 Wishlist
0 Cart