Impinduka ku mubiri uva mu bwana ujya mu bwangavu ndetse n’ubugimbi

Ubwangavu n’ubugimbi ni ikigero abakobwa n’abahungu bageramo maze imibiri yabo igahinduka; harimo kwiyongera ibiro, uburebure n’ibindi. Umukobwa ugeze mu bwangavu ashobora gusama, naho umuhungu ugeze mu bugimbi ashobora gutera inda. Ibi bibaho bitewe n’uko umubiri ukora imisemburo mishya akaba ari yo itera impinduka mu mubiri, uwari umwana agahinduka umuntu mukuru ...

Muhanga: Umugore ntabwo yasigaye inyuma mu kwishakamo ubwisungane mu kwivuza

Ubwisungane mu kwivuza ni umwe muri gahunda za Leta itangwa hagendewe ku byiciro by’ubudehe mu rwego rwo kurinda abaturage kurembera mu rugo; abagore na bo basabwa kugaragaza uruhare rwabo muri iyi gahunda igamije iterambere ry’igihugu mu kubungabunga ubuzima bwiza. Abagore bo mu Karere ka Muhanga baganira n’Itangazamakuru bavuze ko hari ...

Kamonyi: Abagore mu guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda

Gahunda ya Leta yo kwihangira imirimo hitabwa cyane ku bikorerwa iwacu, iragenda ifata intera hirya no hino mu gihugu, mu karere ka Kamonyi na ho ntibasigaye inyuma by’umwihariko abagore kuko usanga bayigaragaramo haba mu byambarwa, mu bikoresho by’ubwubatsi, mu mitako n’ibindi. Niyonizeye Donatila wo mu Murenge wa Musambira akora umurimo ...

Nyarugenge: Haracyagaragara ihohoterwa rikorerwa mu ngo

Ihohoterwa rikorerwa mu ngo, ni ibikorwa bibabaza umwe mu babana mu rugo, hagati y’umugabo n’umugore. Iryo hohoterwa rikorwa mu buryo bunyuranye, burimo ibijyanye n’imibanire rusange, kubabaza umubiri, kubabaza umutima, ihohoterwa rishingiye ku mutungo, ihohoterwa rikoresheje ururimi n’ihohoterwa rikorewe igitsina. Iryo hohoterwa ryose rikunze kugaragara hagati y’abashakanye, baba ababana mu buryo ...

Ubuzima ntibwamwemereye kuba icyo yifuzaga kuba cyo! “Maria Yohana”

Umuhanzi kazi Mukankuranga Marie Jeanne uzwi ku izina rya Maria Yohana avuga ko akiri muto yumvaga azaba umubikira, arangije umwaka wa gatanu w’amashuri abanza yagiye muyisumbuye i Save aho yize umwaka umwe , ubuzima bwaho bukamunanira ntabe akibashije kugera ku nzozi ze nkuko yabyifuzaga, gusa ngo ntibyamubabaje cyane n’ubwo ari ...
.

Shop
Sidebar
0 Wishlist
0 Cart