Umumaro wo konsa ku mugore

Ubusanzwe konsa ni bumwe mu buryo umugore aha ubuzima umwana kuko mu mashereka habamo intungamubiri umwana aba akeneye kugirango akure neza afite ubuzima bwiza. Usibye umumaro konsa bigirira umwana, umubyeyi wonsa na we bimugirira umumaro ku buzima bwe.

Umubyeyi wonsa bimufasha kongera urukundo n’ubusabane agirana n’umwana we bitewe n’imisemburo nka prolactin ndetse na oxytocin, bikorwa mu gihe cyo konsa, itanga ibyishimo bituma umubyeyi wonsa akunda kuba yishimye.

Umugore wonsa akimara kubyara bifasha nyababyeyi ye kwiyegeranya neza bikamurinda kuva cyangwa gutakaza amaraso nyuma yo kubyara. Konsa ku mugore ukibyara kandi byamurinda gusama; aha ubushakashatsi bugaragaza ko umubyeyi wonkeje neza umwana we mu mezi atandatu ya mbere nta kindi amuvangira bishobora kumurinda gusama.

Konsa bishobora kurinda umubyeyi zimwe mu ndwara zifata amabere harimo nka kanseri y’ibere, kubyimba kw’ibere bitewe n’amashereka menshi, kanseri ya nyababyeyi, kanseri y’umuhogo n’izindi ndwara nka diyabeti ndetse n’umuvuduko w’amaraso.

Umubyeyi wonsa kandi bimurinda umubyibuho ukabije kuko konsa bituma umubyeyi atakaza ibiro. Konsa binafasha umugore mu mitekerereze ye kuko bimurinda ubwoba ndetse n’indwara yo kwigunga ikunda gufata abagore nyuma yo kubyara.

Konsa kandi byafasha umubyeyi kwiteza imbere kuko umwana wonkejwe neza atarwaragurika, bityo umwanya n’amafaranga byakoreshwa avuzwa bikagira umumaro mu bindi bikorwa byateza imbere umuryango.

Ni byiza rero ko umubyeyi wese yonsa umwana we neza kugirango ubuzima bwe n’ubw’umwana we bimere neza kandi bifashe n’umuryango muri rusange gutera imbere.

 

Corona virus ku mugore wonsa

Kugeza ubu nta bushakashaki buragaragaza ko coronavirus ishobora kwandurirwa mu mashereka, ariko kubera uburyo yandura bwagaragaye umugore wonsa uyirwaye cyangwa ufite ibimenyetso byayo hari ibyo agomba kubahiriza kugirango yirinde kwanduza umwana we.

Igihe umubyeyi yonsa ariko arwaye cyangwa afite ibimenyenso bya coronavirus agomba gukaraba intoki n’amazi n’isabune mbere yo guterura umwana agiye kumwonsa, kwambara agapfukamunwa igihe amwonsa, bishobotse akaba yakama amashereka akayaha undi muntu akayamuhera umwana byose akabikora yabanje gukaraba intoki.

Dukomeze twirinde coronavirus twubahiriza amabwiriza yose yagenwe harimo no kwirinda ingendo zitari ngombwa.

Ibimenyetso mpuruza ku mugore utwite

Ibimenyetso mpuruza ni ibimenyetso bishobora kugaragara ku mugore utwite; bisaba ko yakwihutira kujya kwa muganga igihe bimugaragayeho kuko bishobora kugira ingaruka ku buzima bwe bwite ndetse no ku buzima bw’umwana atwite.

Bimwe muri ibyo bimenyetso harimo kuva amaraso mu myanya ndangagitsina ku mugore utwite, kubabara mu nda bikabije, kugira iseseme no kuruka bikabije, kumeneka kw’uruzi mu myanya ndangagitsina, kugira umuriro mwinshi– ni ukuvuga uri hejuru ya 37.7, kubabara umutwe bikabije, kumva umwana atonka cyangwa se adakina mu nda, kugira isereri ndetse no kureba ibikezikezi, kubyimba ibirenge, ibiganza ndetse no mu maso, no kugira ububabare mu gihe cyo kwihagarika.

Tubibutse ko igihe umugore utwite agize kimwe muri ibi bimenyetso tumaze kubona yihutira kujya kwa muganga kuko bishobora kugira ingaruka ku buzima bwe ndetse n’ubw’umwana atwite.

Corona virus ku mugore utwite

Kugeza ubu nta bushakashatsi buragaragaza ko umugore utwite afite amahirwe menshi yo kwandura coronavirus ugereranyije n’abandi bantu basanzwe cyangwa ngo abe yazahazwa na yo.

Gusa ubusanzwe umugore utwite agira imihindagurikire mu miterere y’umubiri we bituma bimwongerera amahirwe yo kuba yakwandura zimwe mu ndwara ziterwa na virusi ziba mu muryango umwe n’uwa coronavirus; aha twavuga nka virusi zizwi ku izina rya rhinovirus, influenza virus n’izindi virusi zifata imyanya y’ubuhumekero, ndetse zikaba zanamuzahaza. Ni yo mpamvu umugore utwite agomba kwirinda kuba yakwandura iyi coronavirus.

Umugore utwite na we agomba kwirinda kwandura ndetse no gukwirakwiza  iyi coronavirus kimwe n’abandi akaraba intoki kenshi akoresheje amazi meza ndetse n’isabune, yirinda kujya ahantu haba hari ukekwa cyangwa wanduye iyi virusi, yirinda kujya ahantu hahuriye abantu benshi, yirinda kwikora ku munwa, mu maso no ku mazuru igihe cyose atakarabye intoki n’amazi meza, yirinda kuramukanya n’abantu bahana ibiganza, agabanya ingendo zitari ngombwa, yirinda gukorora mu ruhame, ndetse igihe yitsamuye akibuka kwipfuka ku mazuru akoresheje ukuboko.

Kugeza ubu nta bushakashatsi buragaragaza niba umugore utwite wanduye coronavirus ashobora kuyanduza umwana; yaba amutwite cyangwa amubyara.

Kwita ku isuku mu gihe cy’imihango

Ubushakashatsi bwagaragaje ko 52% y’abatuye isi ari abagore; 26% muri bo bari mu cyiciro cy’uburumbuke, ni ukuvuga ko buri kwezi bajya mu mihango hagati y’iminsi 2 na 7. N’ubwo bimeze gutya, henshi mu mpande z’isi, kujya mu mihango bifatwa nk’icyasha ku gitsina gore aho usanga hamwe mu bihugu umugore cyangwa umukobwa uri mu mihango aba atemerewe kujya ku ishuri, mu rusengero, kurarana n’abandi, ndetse ugasanga hari n’imwe mu mirimo atemerewe gukora. 

Ahenshi usanga umugore mu gihe cy’imihango atabasha kubona iby’ingenzi akeneye byamufasha kwita ku isuku neza; aha twavuga nk’amazi meza, udutambaro tw’isuku two kwibinda, isabune, ndetse n’ahantu h’ubwiherero habugenewe yakwifashisha.

Hari amoko menshi y’ibikoresho byifashishwa mu kwibinda mu gihe cy’imihango; aha twavuga udutambaro dusanzwe, udutambaro tudoze dukorwa n’inganda — haba utwo bakoresha bakajugunya benshi bakunze kwita cotex cyangwa utumeswa, hari kandi n’udukombe twabugenewe twifashishwa.

Mu byo uba ugomba kwitaho mu gihe cy’imihango harimo kwambara igikoresho cyo kwibinda ndetse n’umwenda w’imbere bisa neza kandi ukibuka kubihindura buri masaha atandatu byibura, kugira isuku y’umubiri ukaraba byibura kabiri ku munsi kandi ugakaraba mu myanya ndangagitsina ukoresheje amazi meza, kumesa neza umwenda ukoresha wibinda igihe umeswa ukibuka kuwanika ku zuba, kwihanagura uvuye mu bwiherero — uhanagura uvana imbere ujyana inyuma kugirango wirinde kuba washyira imyanda mu myanya ndangagitsina, kwirinda gutizanya na bagenzi bawe agatambaro wibindisha, ndetse no kujugunya agatambaro ukoresha ahabugenewe.

Ni byiza kwita ku isuku mu gihe cy’imihango kugirango twirinde zimwe mu ngaruka zaterwa no kugira isuku nke harimo nk’uburwayi.

 

Shop
Sidebar
0 Wishlist
1 Cart