Impamvu umubyeyi utwite asabwa kuryamira urubavu rw’ibumoso

Niba wari usanzwe uryamira inda cyangwa ukaryama ugaramye, iyo umaze gutwita biba byiza iyo uryamiye urubavu, by’umwihariko urubavu rw’ibumoso.

Impamvu iyo utwite usabwa kuryamira urubavu, by’umwihariko urw’ibumoso, ni uko bifasha amaraso gutembera neza mu mitsi, bityo bigatuma n’intungamubiri ziva ku mubyeyi zijya ku mwana zibasha kumugeraho neza; ikindi ni uko birinda kubyimba ibirenge ndetse n’ibiganza bikunze kuba ku bagore batwite bitewe n’uko imitsi itwara amaraso ku maguru n’amaboko iba yaratsikamiwe n’ibiro by’umwana uri mu nda.

Zirikana ko atari byiza kuryama ugaramye cyangwa wubitse inda igihe utwite kuko bituma amaraso atabasha gutembera neza, bityo ntagere no ku mwana utwite; ikindi kandi bituma umubyeyi utwite atabasha guhumeka neza.

Shop
Sidebar
0 Wishlist
0 Cart