Imirire mibi ku mwana uri munsi y’imyaka itanu igira ingaruka ku mitekerereze ye ndetse n’ubwenge

Mu busanzwe bizwi ko ubwenge cyangwa imitekerereze y’umwana akenshi ayikomora ku babyeyi, ariko usibye ibyo akomora ku babyeyi, imirire na yo igira uruhare ku mikurire y’umwana harimo n’imitekerereze ndetse n’ubwenge.

Ubwonko bw’umwana butangira gukorwa kuva umwana agisamwa, bugakomeza gukura. Ku myaka itanu ya mbere kuva avutse aba afite mirongo icyenda ku ijana y’ubwonko bw’umuntu mukuru; kuri iki kigero ibice by’ubwonko bishinzwe kureba, kumva indimi, imitekerereze ndetse n’ubwenge ni bwo bikorwa.

Iyo imirire y’umwana ititaweho kuva agisamwa kugeza ku myaka itanu, bigira ingaruka ku mitekerereze ye ndetse n’ubwenge, kandi imirire mibi ituma ingano y’ubwonko bw’umwana igabanuka. Ubushakashatsi bwagaragaje ko abana bavutse ari bato ugereranyije n’igihe bavukiye badatsinda neza mu ishuri ugereranyije n’ababashije kuvuka bafite ibiro bishyitse.

Ni byiza kwita ku mirire y’umwana, cyane muri ya minsi igihumbi ya mbere y’ubuzima bwe, kuko imikorere y’ubwonko bwe ari ho ishingiye.

Shop
Sidebar
0 Wishlist
0 Cart