Indwara ya Gapfura cyangwa se Ikirimi

Indwara abantu bakunze kwita gapfura cyangwa se ikirimi, cyangwa se angine mu ndimi z’amahanga, ni indwara ikunze gufata abana iterwa n’udukoko dutandukanye dufata mu muhogo hakabyimba.

Bimwe mu bimenyetso iyi ndwara igira mu bana harimo nko kumira akababara, kunanirwa kurya, kugira umuriro, gucika intege, ndetse no kugira umwuma.

Iyi ndwara iyo itavuwe neza ishobora gutuma twa dukoko dukwira mu mubiri ukaba wagira ubundi burwayi nk’ubw’umutima (rheumatic heart disease), umwijima, ndetse n’izo mu bwonko.

Ubu ni uburwayi buvurwa kwa muganga bugakira; bumwe mu buryo bukoreshwa n’ababyeyi mu kuvura ubu burwayi harimo nk’ibyo bita guhara cyangwa se gukata ikirimi bishobora kugira ingaruka ku buzima bw’umwana harimo nko gukwirakwira kw’udukoko mu bindi bice by’umubiri ndetse no kugabanuka kw’ubwirinzi bw’umubiri.

Shop
Sidebar
0 Wishlist
0 Cart